Paul Kagame News › Forums › Autocratic Leadership › Rwandan Army Trained in Best Military Academies › Reply To: Rwandan Army Trained in Best Military Academies

Umuryango wo mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Gikonko mu Kagari ka Cyiri uri mu byishimo byo kongera kubona umwana wabo w’umukobwa wabo bibwiraga ko bashyinguye.
Musabyimana Claudine yabwiye Izubarirashe.rw ko atigeze amenya ko iwabo bamwibeshyeho bagashyingura utari we, akavuga ko yatunguwe no kubyumva agarutse ubwo yari aje gufata ibyangombwa bye ngo n’ubundi asubire i Kigali.
Ababyeyi kimwe n’abaturanyi, bavuga ko Musabyimana Claudine w’imyaka 19 bari bazi ko bamushyinguye tariki ya 10 Mata 2016 bakanamusibisha mu bitabo by’irangamimerere ariko ubu bakaba bavuga ko bamaze gutahura ko bibeshye k’uwo bashyinguye.
Byavugwaga ko Musabyimana Claudine yagiye aho batunganyiriza imisatsi (salon) ahamagarwa n’umuntu kuri telefone maze ayitabye ahita apfa ajyanwa mu bitaro bya polisi bya Kacyiru mu Mujyi wa Kigali, aho umurambo we wanakuwe.
Manirahari Laban yagaragaje ko umuryango wabo wibeshye ku murambo bitewe n’uko nta byangombwa mushiki we yajyanye byari kugaragaza umwirondoro w’umurambo ariko bikanaterwa n’igihe cyari gishize umukobwa wabo atagera mu rugo, ndetse n’ibyavugwaga ku miterere y’uwari witabye Imana bumvaga bihura n’ibyo umwana wabo bataherukaga.
Manirahari Laban yagize ati “Urebye amakuru twari twagendeyeho ntabwo yari yuzuye, kuko twari twagendeye ku izina rimwe, twahuzaga no kuba yaragiye koko adafite ibyangombwa ndetse tukongeraho n’ibyavugwaga ku isura kandi ibyo ntibyari bihagije.”
Bigirumurame avuga ko banagize amakenga mu gushyingura umurambo bagashidikanya kuko babonaga uwashyinguwe yari muremure ndetse ngo afite n’amaherena ariko kuko umukobwa wabo yari amaze igihe i Kigali bagatekereza ko na we yaba yaritoboje amatwi.
Akomoza ku ishidikanya, yagize ati “Urebye twagiye kumureba amaze iminsi ine ahashyirwa abapfuye turagenda turagaragura turagaragura, twari tugiye no kwisohokera ariko muganga abaza mama ati ‘nta kimenyetso uzi ku mwana wawe?’ Amubwira ko afite inkovu mu ivi” barebye umurambo basanga ufite inkovu mu ivi.
Yunzemo ati “Niba Claudine wacu wamubonye atandukanye n’uwo twashyinguye! Kuko uwo twashyinguye yari muremure ariko n’isura watubonye. Turi urugero rumwe kandi wabibonye ko mushiki wanjye nta maherena yajyanye nta n’ayo agarukanye, ariko uwo twashyinguye yari ayambaye ariko tukibeshya ko yaba ari mushiki wacu wari wayambaye kubera igihe amaze i Kigali.”
Ababyeyi b’uyu mukobwa baravuga ko bazizera ko koko umukobwa wabo ari muzima nibura nyuma y’ukwezi, nubwo musaza we avuga ko nta rujijo ruhari kuko ngo yamaze kubona ibimwizeza ko bibeshye ku murambo, bagashyingura umurambo utari uwa bo.
Icyo ababyeyi batangaza n’uko bashyinguye umurambo bibeshyeho
Nyina w’uyu mukobwa ubwo yaganiraga n’Izubarirashe.rw (Ifoto/Nshimiyimana E)
Nyina w’uyu mukobwa ubwo yaganiraga n’Izubarirashe.rw yagize ati “Twumvise itangazo rivuga ko uwitwa Claudine wagiye gukora akazi ko mu rugo yitabye Imana kandi nta cyangombwa afite yaba indangamuntu cyangwa mituwere, niyumvisha ko ari uwanjye twihutira kujya kumureba ngezeyo ndebye mbona ni we turaza turamushyingura.”
Uyu mutegarugori uvuga ko yajyanye n’ab’umuryango we i Kigali kureba ibyavugwaga yagize ati “Twagezeyo turareba barambaza bati ‘ese ni we?’ Ndavuga nti ‘yego’, bambaza ikindi kimenyetso natanga, mbabwira ko yari afite inkovu ku ivi turebye na yo turayibona muzana gutyo!”
Avuga kandi ko yanabyijejwe n’uko ngo mu byo yabwirwaga yabwirwaga ko umwana witabye Imana ari imibiri yombi akaba ngo yari mugufi kandi afite imisatsi ikomeye, na byo ngo bituma yumva ko uvugwa ari umukobwa we.
Ati “Nigereyeyo ndi kumwe na basaza be ndagaragura (umurambo) tubona ni uwacu tuwushyira mu isanduku turaza turashyingura.”
Avuga ko yatunguwe no kongera kubona umukobwa we yagize ati “Hari aho nari nerekeje ngarutse abaturage barambwira ngo ‘umwana wawe Musabyimana ari hano yaje.’ Nanjye nti ‘naramuhambye none yagarutse?’ Ngira ngo ni murumuna we waje na we wagiye ariko ngeze mu rugo nsanga umwana wanjye yaje ndamuramutsa n’amarira menshi na we arandamutsa.”
Avuga ko yamuramukije ikiniga kikaza ariko ngo akikomeza ati “Amarira yaje haza n’ibyishimo kuko namurebaga nkabona ni uwanjye.”
Abajijwe niba atibeshya nk’uko yibeshye azana umurambo utari uwe, yabwiye Izubarirashe.rw ati “Ndamureba mu maso nkabona ni we ariko hari igihe umuntu ashobora kwibeshya, ndamureba nkabona ni uwanjye kandi n’icyo gihe nararebaga nkabona ni uwanjye.”
Ibimeze nko gushidikanya kandi bigaragara kuri se w’uyu mukobwa na we wavuze ko azizera ko koko umukobwa we yongeye kuboneka kandi bari kumwe nibura nyuma y’ukwezi.
Bigirumurame Alexis avuga ko yishimiye kongera kubona umukobwa we yari azi ko yashyinguye (Ifoto/Nshmiyimana E)
Bigirumurame Alexis yagize ati “Namubonye numva ibyishimo biraje ndamuruma murya imisatsi ariko njyewe nzabyizera nibura nyuma y’ukwezi.”
Icyo nyir’ubwite abivugaho
Musabyimana Claudine uvugwaho gupfa agahambwa (Ifoto/Nshimiyimana E)
Musabyimana benshi batekerezaga ko amaze amezi 4 mu mva, ubwo yaganiraga n’Izubarirashe.rw yagize ati “Nageze ino barantangira ngo ese ndazutse? Numva birantunguye kuko ntabyo nari nigeze menya ariko banyereka imva ngo bampambyemo.”
Musambyimana ikiniga cyafashe ntashobore kuvuga byinshi kubera abantu bari baje kureba ibyabaye, avuga ko yari amaze umwaka urenga ari i Kigali akaba yari aje gushaka ibyangombwa ngo asubireyo.
Isomo bakuye mu byababayeho
Benshi mu babyeyi bari muri uru rugo baje kureba uyu mukobwa, baravuga ko ibyabaye bikwiye gutanga isomo ryo kwitwaza ibyangombwa.
Umugabo umwe yagize ati “Umuntu wese yakabaye ahakura isomo ryo kungendana icyangombwa kuko iyo azakuba afite umwirondoro wuzuye ibyabaye ntabwo byari kuba.”
Umubyeyi watangaga igitekerezo cy’uko umuntu wese akwiye kwitwaza ibyangombwa (Ifoto/Nshmiyimana E)
Avuga ko bibabaje cyane kuba uyu muryango warikokoye ukajya kuzana umurambo utari uwabo ndetse ngo bikaba bizanakomeza kuba agahinda gakomeye ku muryango nyakuri wa nyakwigendera na wo utazamenya irengero ry’umwana wawo.”
Kujya kuzana uwo bari bise Musabyimana Claudine ngo byasabye uyu muryango kugurisha imirima y’umuceri n’ishyamba kandi ngo bakoreshe amafaranga arenga ibihumbi Magana atatu (300.000 Rwf)
Yasabye kandi ko umwana uva iwabo na we aba akwiye kugira ibimuranga (ibyangombwa) kandi yakabaye anagerageza kumenyesha ababyeyi amakuru mu gihe gito gishoboka.
Criminal Paul Kagame